Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye w’imyaka 45, yageneye ubutumwa CAF atavuze.
Nyuma y’uko impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) itangaje ko Senegal yambuwe igikombe cya Afurika cya 2025, kigahabwa Morocco.
Perezida Faye yahise ahindura ifoto umuranga ku mbuga nkoranyambaga, maze ashyiraho iyerekana iki gikombe igihugu cye cyatwaye, ibisa no kwerekana ko batiteguye kukirekura.
SOMA:Senegal yambuwe igikombe cya Afurika
Kuva i Burayi kugeza i Gasabo mu bakinnye umupira, abawukunda n’abatawuzi, abenshi barinubira icyemezo CAF yafashe bita ko kigayitse, ndetse bagahuriza ku kuvuga ko bari inyuma ya Senegal.
Senegal yatwaye igikombe cya Afurika cya 2025 mu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa 18 Mutarama 2026, urangwa n’imvururu zatangiye abakinnyi ba Senegal bivana mu kibuga bavuga ko bibwe.
