Umuhanzi Bruce Melodie nyuma yo gutaramira I Bruxelles agakorerayo igitaramo cy’amateka yashimiye abafana be bahatuye bitewe n’ibihe byiza bagiranye.

Bruce Melodie yageze i Bruxelles mu Bubiligi kuri uyu wa 3 Werurwe 2026, aho yari yitabiriye igitaramo yahakoreye ku wa 7 Werurwe 2026 akagihuriramo na Sheebah Karungi wo muri Uganda igitaramo cyitabiriwe n’imbaga maze abakunzi ba Bruce Melodie bakamwereka urukundo.
Nkuko Bruce Melodie yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram akaba yashimiye byimazeyo abakunzi be bamweretse urukundo ko bitewe n’urukundo bamugaragarije bamaze gufata umwanya mu mutima we ndetse ko n’ibihe bagiranye byari byihariye.
Sheebah Karungi wakoranye igitaramo na Bruce Melodie I Bruxelles mu Bubiligi nyuma y’igihe gito yari amaze asubukuye umuziki cyane ko mu gihe cyashize yabaye nk’uwusubitse kuko yari atwite ndetse na nyuma yo kubyara afata umwanya wo kwita ku mwana we.