Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati, CECAFA, yatangaje ko u Rwanda ruzakira amarushanwa ane mu marushanwa atandatu ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2026.
Irushanwa rikomeye muri ayo ni CECAFA Kagame Cup, rihuza amakipe akomeye yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba no Hagati.
Rizabera mu Rwanda kuva tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama 2026, rikaba rigiye kongera kuhagaruka nyuma y’imyaka irindwi.
U Rwanda ruzanakira kandi imikino yo gushaka itike ya CAF African Schools Football Championship ku banyeshuri batarengeje imyaka 15, izaba kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 25 Nyakanga.
Hazakurikiraho irushanwa ry’amakipe y’abagore ryo gushaka itike ya CAF Women’s Champions League rizaba kuva tariki ya 22 Kanama kugeza ku ya 6 Nzeri.
Irushanwa rya kane u Rwanda ruzakira ni iry’abahungu batarengeje imyaka 17 ryo gushaka itike ya U-17 Africa Cup of Nations, riteganyijwe kuva tariki ya 10 kugeza ku ya 25 Ukwakira 2026.
Aya marushanwa agaragaza icyizere u Rwanda rukomeje kugirirwa mu kwakira amarushanwa akomeye mu karere.
