Perezida wa CAF Patrice Motsepe yanyomoje ibihuha bimaze iminsi bivugwa ko igikombe cya Afurika cya 2027 (AFCON2027) gishobora gusubikwa.
Patrice Motsepe yavuze ko aya makuru yatangazwa ko AFCON 2027 ishobora gusubikwa kugeza mu 2028 atariyo, kandi ko irushanwa rizakomeza nk’uko byari byateganyijwe mu gihe cy’ukwezi kwa Kamena na Nyakanga 2027.
Yagize ati: “Ibyavuzwe ku gusubika AFCON 2027 si ukuri.” Ibi byakurikiranye n’impungenge z’uko ibihugu bitatu byo muri Afurika y’Iburasirazuba bititeguye neza, ariko Motsepe yemeje ko gahunda zose ziri kugenda neza kandi ko imyiteguro y’aho imikino izabera iri ku murongo.
Motsepe yanavuze ku bijyanye n’imihigo ya CAF yo kuzagabanya umubare w’imyaka iyi CAN izajya iba buri myaka ibiri, ndetse hagamijwe gukura AFCON mu igenamiterere rya buri myaka ibiri nyuma ya 2028, no ku kuntu umubare w’amakipe ushobora kwaguka ukava kuri 24 ukagera kuri 28 mu minsi izaza.
AFCON 2027 izaba ari iya mbere mu myaka irenga 50 ibereye mu karere ka CECAFA kandi izitabirwa n’amakipe 24 yo ku mugabane, kuva tariki 19 Kamena kugeza 18 Nyakanga 2027, kandi ko ibyo bihugu bizakira bizaba byiteguye.
SOMA INKURU : Kylian Mbappe yarwaniye ishyaka bikomeye Vini Jr
