Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatanze Juliana Amato Lumumba ngo abe umukandida ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF.
RD Congo ikurikiye u Rwanda na Mauritania na byo byatangaje abakandida babyo.
Juliana, umwana wa kabiri w’intwari y’ubwigenge ya Congo Patrice Lumumba, arazwi muri politike y’iki gihugu no mu kugerageza gukomeza umurage wa se.
Minisiteri y’itumanaho ya DR Congo ivuga ko yatanze kandidatire ya Juliana kuko afite ubunararibonye bw’imyaka “irenga 30 mu butegetsi, dipolomasi y’umuco, ubufatanye mpuzamahanga n’ubutegetsi mu by’ubukungu muri Afurika”.
Iyi Minisiteri yongeraho ko Juliana Lumumba ari “umuntu uzwi ku rwego rwa Afurika na mpuzamahanga”.
Lumumba yiyongereye ku bandi bakandida bamaze gutangwa n’ibihugu byabo barimo Louise Mushikiwabo watanzwe na leta y’u Rwanda mu kwezi gushize, na Coumba Bâ watanzwe na Mauritania muri uku kwezi, nk’uko bivugwa n’ikinyamakuru Financial Afrik cyaho.
Mushikiwabo arashaka manda ya gatatu kuri uriya mwanya yatorewe kuri manda ya mbere mu 2018, no kuri manda ya kabiri mu 2022 irangira mu mpera z’uyu mwaka.
Amatora kuri uriya mwanya azabera mu nama rusange y’uyu muryango izabera i Phnom Penh muri Cambodge mu Ugushyingo(11).
Ibihugu byose bigize Francophonie byemerewe gutanga abakandida kuri uriya mwanya, igihe ntarengwa cyo gutanga abakandida ni muri Mata(4).

