Ukraine yashyize Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, ku rutonde rw’abo ishaka kwikiza kubera umubano afitanye n’u Burusiya.
Infantino yashyizwe kuri uru rutonde kubera gushyigikira no gufatanya n’Uburusiya mu buryo buhoraho ndetse no gufasha gukwirakwiza icengezamatware ryaryo nkuko byagaragajwe n’urubuga rwa internet rwa Myrotvorets rushyigikiwe na leta ya Ukraine.
Uru rubuga rukunda kugaragaza abafatwa nk’abanzi biki gihugu. Myrotvorets kandi igaragaza ko mu mwaka 2019 Infantino yahawe umudari w’ubushuti na perezida w’u Burusiya Vladimir Putin.
Gushyirwa kuri uru rutonde byateje impaka kuko byateje ikibazo gikomeye ku mubano hagati ya FIFA n’ibihugu biri mu ntambara, ibi kandi byerekana uburyo politiki n’umupira w’amaguru bigira aho bihurira.


