Igihugu cya Senegal cyambuwe igikombe cya Afurika cya 2025 gihabwa Morocco bahuriye ku mukino wa nyuma wabaye ku wa 18 Mutarama 2026.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Werurwe 2026, CAF nibwo yatangaje ko yafashe umwanzuro wo guha igikombe cya Afurika Morocco nyuma y’ubujurire bwayo ku makosa Senegal yakoze ku mukino wa nyuma.
Ibi byatumye Senegal yamburwa igikombe yari yegukanye, gihabwa Morocco yataye mpanga Senegal.
Umukino wahuje ibi bihugu byombi ubwo wari mu minota ya nyuma umukinnyi Brahim Diaz wa Morocco yaguye mu rubuga rw’amahina, umusifuzi ukomoka muri DR Congo ntiyatanga penaliti, gusa VAR iza kuyitanga.
SOMA:CAF yahagaritse umutoza wa Senegal by’agateganyo
Ibi byaje bikurikira igitego Senegal yari yatinze umusifuzi akavuga ko Hakim yari yakorewe ikosa, nyuma yo gutanga iyi penaoite, umutoza Pape Thiaw n’abakinnyi banzuye bagomba kuva mu kibuga mu rwego kugaragaza ko batishikime na gato imisifurire.
Nyuma y’uko abakinnyi benshi basohotse mu kibuga, Sadio Mané we yagerageje kubagarura ngo barangize umukino.
Abakinnyi baje kumvira Sadio nk’umukinnyi w’umunyabigwi muri iki gihugu, hanyuma penaliti ya Diaz yateye ifatwa neza n’umuzamu, maze umukino urangira ari 0-0.
Mu minota 30 y’inyongera Papa Gueye yaje gutsindira Senegal igitego cyabahesheje intsinzi n’igikombe.

