Nyuma ibyumweru bibiri bitangiye kuvugwa ko ikipe ya Rayon Sports igiye gutandukana na Haruna Ferouz mu gihe atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana nayo.
Ibi byemejwe kuri uyu wa Kane, nyuma yaho ikipe ya Rayon Sports itangaje ko yamaze gutandukana na Haruna Ferouz wari umutoza wungirije.
Haruna Ferouz yasinyiye ikipe ya Rayon Sports tariki 14 Nyakanga 2025, aje kuba umutoza wungirije wa kabiri nyuma ya Azouz Lotfi wari umutoza wungirije wa mbere wa Afhamia Lotfi wari umutoza mukuru wa Rayon Sports.
Haruna Ferouz ni umutoza ukomoka mu gihugu cy’u Burundi, yatoje imikino micye Rayon Sports nyuma y’uko bahagaritse Afhamia lotfi ndetse n’umwungiriza we Azouz Lotfi.
Nyuma yaho Rayon sport yabonye umutoza mushya Bruno Ferry ariko aza gushinjwa kuba atari ku rwego rwafasha iyi kipe ndetse ashinjwa ko ubwo hazaga Bruno Ferry yagiye amuvangira mu mipangire y’abakinnyi no kutumvikana nabo.

