Ikipe ya APR BBC iri kwitegura neza imikino ya Basketball Africa League (BAL) aho yamaze kumvikana n’umukinnyi w’Umunyamerika Quinn Cook wigeze kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Amerika ya NBA.
Uyu mukinnyi w’imyaka 32 ukina ku mwanya wa Point Guard biteganyijwe ko azagera mu Rwanda ku wa 11 Werurwe 2026, aje gufasha APR BBC kwitegura imikino ya amatsinda muri BAL.
Quinn Cook afite ubunararibonye bukomeye kuko yakiniye amakipe akomeye muri NBA arimo Golden State Warriors na Los Angeles Lakers, aho yegukanye igikombe cya NBA mu 2018 ari kumwe na Warriors ndetse no mu 2020 ari kumwe na Lakers.
Mu rugendo rwe rwa basketball, Cook yananyuze mu yandi makipe arimo Cleveland Cavaliers na Dallas Mavericks, ibintu byatumye agira ubunararibonye bushobora gufasha APR BBC mu mikino ikomeye ibategereje vuba aha.
Uyu Munyamerika aje yiyongera ku mukinnyi Madut Akec ukomoka muri Sudani y’Epfo na we wamaze kumvikana na APR BBC, mu rwego rwo gukomeza kongera imbaraga kugira ngo iyi kipe ihagararire neza u Rwanda muri iri rushanwa rikomeye rya BAL.
SOMA INKURU : APR BBC yisanze mu itsinda rikomeye muri BAL 2026
