Ku munsi wa Noheli 2025, Papa Leo XIV yatangaje ubutumwa bw’umurava bwo gushaka amahoro ku isi, mu ijambo rya “Urbi et Orbi” ryatanzwe muri St. Peter’s Square, Vatican City imbere y’abantu ibihumbi bari bateraniye kumwumva.
Mu butumwa bwe mbere bwa Noheli nk’umukuru wa Kiliziya Gatolika, yibanze cyane ku ntambara ya Ukraine, ahamagarira impande zombi guhagarika ibitero n’imitwe ya gisirikare no gushaka ibiganiro bya hafi bishobora kurangiza intambara.
Papa Leo yavuze ko agomba guhanura isi ku ngaruka z’intambara zose ziri kubaho, atanga urugero ku kibazo cy’abanye-Gaza babaye mu nkambi z’igihe gito bibasiwe n’imvura, umuyaga n’ubukonje mu gihe cy’uyu munsi w’ibirori bya Noheli.
Yasabye umuryango mpuzamahanga gushyigikira ibiganiro byubaka amahoro kandi byubahiriza impande zose.
Yagaragaje ko intambara ya Ukraine ikomeje guteza ububabare bukabije ku baturage basanzwe, by’umwihariko abagore, abana n’abasaza.
Yavuze ko hakenewe icyemezo gikomeye cyo gushyira imbere ibiganiro, aho gukomeza inzira y’intambara n’amaraso.
Yashimangiye ko amahoro atagerwaho n’intwaro, ahubwo agerwaho n’ubushake bwa politiki, ukwiyunga n’ubwubahane hagati y’impande zose.
Papa Leo yongeye kugaragaza ko intambara ziteza ibibazo bikomeye ku bantu batagira kivugira, anagaragaza ko amahoro adashobora kuboneka hatabayeho ubwubahane, ubufatanye no kumva ububabare bw’abandi.
Yibukije abari aho ko Noheli ari igihe cyo kwiyunga no gushyigikira ubumuntu ku isi yose.
Yasoje asaba abayobozi b’ibihugu n’abafite ijambo rikomeye ku isi kugira umutima wo gufata ibyemezo bigoye ariko bikiza ubuzima bw’abantu, ashimangira ko ubutwari nyabwo ari uguhitamo amahoro aho guhitamo intambara.


