Papa Leon XIV yakiriye ubwegure bwa Musenyeri Hana Shaleta wo mu mujyi wa San Diego wo mu majyepfo ya California muri Leta zunze ubumwe za Amerika ukurikiranyweho kwiba amafaranga ya kiliziya.

Uyu mushumba yeguye nyuma yo gutabwa muri yombi n’ubuyobozi bwa San Diego aho akekwaho kwiba ibihumbi 250$ ( arenga miliyoni 364 frw ) ya kiliziya nk’uko Vatican yabitangaje kuri ut wa 10 Werurwe 2026.
Hana Shaleta akaba yarahakanye ibyaha 16 aregwa bifite aho bihuriye no kunyereza umutungo n’iyezandonke ubwo yari mu rukiko ku wa 09 Werurwe 2025 Aho umushinjacyaha wungirije wa San Diego Joel Madero yavuze ko ibi BB aha uyu mushumba akurikiranyweho byakozwe 2024 n’ibyaha byamenyekanye nyuma yuko umukozi wa kiliziya muri aka gace yagaragazaga ko hari amafaranga yaburaga.
Hana Shaleta yatawe muri yombi ku wa 05 Werurwe 2026 Aho yafatiwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege ubwo yashakaga gutoroka akava muri Amerika nk’uko itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’aka gace bwabigatagaje.
Uhagarariye Hana Shaleta mu mategeko yavuze ko umukiliya we Atari atorotse ahubwo yari agiye mu ruzinduko yari yateguye mu Budage.