Lt.Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishwe.
Inkuru y’urupfu rwa Willy Ngoma yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 24 Gashyantare 2026, ikavuga ko yishwe n’ibitero by’indege zitagira abatwazi z’igisirikare cya DRC ndetse n’imitwe bafatanyije.
Nkuko UMUSEKE ubyemeza, Ngoma yiciwe hamwe n’abandi barwanyi b’umutwe wa M23 ndetse n’abasivile batuye mu gace ka Rubaya, kibasiwe n’ibyo bitero kuva mu masaha ya Saa 2:30 a.m kugeza buteye.
Nubwo AFC/M23 itaremeza urupfu rwa Lt.Col Willy Ngoma, yemeje ko ibyo bitero by’izo ndege byibasiye Rubaya ituwe n’abasivile benshi kandi ko binyuranyije n’amasezerano atanga agahenge, yanatumye uyu mutwe urekura umujyi wa Uvira uhana imbibi n’igihugu cy’u Burundi.
Kugeza ubu igisirikare cya FARDC ntikiremeza niba koko bishe Lt.Col Willy Ngoma n’abandi barwanyi b’uyu mutwe wa M23.
