Joy Lance Mickels utegerejwe bwa mbere gukinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda (AMAVUBI ) akomeje gutsindira ikipe ye ya Sabah akinira yo muri Azerbaijan akomeza kuyiha amahirwe yo kuzakina UEFA Champions League umwaka utaha.
Rutahizamu Loy Lance Mickels yahamagawe bwa mbere mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda (AMAVUBI ) ubwo yiteguraga gukina na Benin gusa ntiyabashije kwitabira ubutumire kuko yahise agira ikibazo cy’imvune kuri iyi nshuro Aho ategerejwe kuzitabira imikino ya FIFA Series akaba akomeje guhesha intsinzi ikipe ya Sabah akinira.
Sabah ikinamo umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi Joy Lance Mickels kuri ubu ikaba iyoboye urutonde rwa shampiyona yo mu gihugu cya Azerbaijan aho irusha ikipe ya kabiri iyikurikiye amanota 10. Ibi bikomeje kuyiha amahirwe yo kuzakina imikino ya UEFA champions league umwaka utaha.
Muri Shampiyona yo mu gihugu cya Azerbaijan Joy Lance Mickels akaba ariwe uyoboye abandi mu bitego aho amaze gutsindira ikipe ye ya Sabah ibitego 14 mu gihe umukurikiye mu bitego afite 9.
