FERWAFA yatangaje ko guhera tariki 2 Werurwe 2026, abafana bashobora gutangira kugura amatike y’imikino ya FIFA Series 2026 izabera i Kigali kuva tariki 26 kugeza 30 Werurwe 2026.
Iri tangazo rigenewe itangazamakuru ryagaragaje ko aya ari amahirwe ku bafana bose bashaka kureba imikino izahuza u Rwanda n’ibindi bihugu birimo Grenada, Kenya na Estonia mu Itsinda A, mu gihe Itsinda B ririmo Tanzania, Liechtenstein, Aruba na Macau.
Abifuza kugura amatike bashobora gukoresha kode *939*3*2# cyangwa bakayagura banyuze kuri www.sportspass.rw na www.ferwafa.com .
Amatike ateye atya Kuri Amahoro Stadium, amatike y’ahasanzwe ni 2,000 Frw, mu bice 105, 106, 140 na 141 ni 5,000 Frw, naho VIP yo hejuru ni 30,000 Frw. Imyanya ya VVIP na Sky Box izinjirwamo n’abatumiwe gusa.
Kuri Kigali Pelé Stadium, ahasanzwe ni 2,000 Frw na 30,000 Frw muri VIP, mu gihe VVIP ari ubutumire.
Amavubi azatangira akina na Grenada tariki 27 Werurwe 2026 Saa Tatu z’ijoro, mu itsinda ririmo Kenya na Estonia. Abafana basabwe kugura amatike hakiri kare.
SOMA INKURU : FERWAFA yashimiye Gianni Infantino ku buyobozi bw’imyaka 10
