Mwitende Abdoulkarim wamamaye nka Burikantu mu rwenya n’ibindi bihangano akora mu myidagaduro, yavuze ko yubaha cyane Perezida Kagame wababariye abakoze Jenoside.
Burikantu aganira na Narababwiye TV mu gace ka One on One, ageze kuri Perezida Kagame yita “Daddy” yagaragaje ko adasanzwe cyane agendeye ku buryo yabashije guhuza ndetse akababarira abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
SOMA:The Ben mu nzira zo gushinga uruganda
Yagize ati: “Bamwe muri twe ntitwakabye dufite ijambo muri iki gihugu mwana! Twakabaye natwe twarapfuye.”
“Ariko ntiyigeze akurikirana ba so n’aba nyoko cyangwa ngo akurikirane namwe mwa bana mwe. Kandi benshi bamwe muri twe dukomoka mu bantu babi.”
Burikantu kandi agaragaza ko uburyo abakoze Jenoside bakoze igikorwa gikomeretsa amarangamutima y’abayikorewe, ari nka we bitari gushoboka ko yabasha kubababarira.
