Ikipe ya Rayon Sports yakomeje imyitozo mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, yitegura umukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro uzayihuza na City Boys uteganyijwe tariki 18 Gashyantare 2026.
Aho iyi myitozo yagaragayemo abakinnyi batatu bari bamaze igihe bafite ibibazo by’imvune, aribo Yousou Diagne, Habimana Yves na Nshimiyimana Fabrice.
Yousou Diagne yari amaze igihe adakina nyuma yo kuvunika mu myitozo yabaye tariki 24 Ukuboza 2025, ubwo Rayon Sports yiteguraga umukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona.
Nyuma y’iyo mvune, Rayon Sports yakomeje guhura n’ibibazo by’imvune ku bandi bakinnyi barimo Nshimiyimana Fabrice na Habimana Yves, ndetse na Aziz Bassane wavunitse ukuboko ariko akaba amaze iminsi yaragarutse.
Aba bakinnyi batatu basubukuye imyitozo, ariko bari gukora imyitozo yoroheje hanze y’ikibuga batandukanye n’abandi, bagamije kubanza kongera imbaraga mbere yo kwinjira mu myitozo isanzwe y’ikipe.
SOMA INKURU : Ibyo wamenya kuri Tour du Rwanda
